skysports-mohamed-salah-ngolo_6095569.jpg

Ramadan: Abasifuzi bo mu Bwongereza basabwe kujya baha Abasilamu umwanya wo gufata ibyo kurya

Sangiza iyi nkuru

Abasifuzi bo mu Bwongereza basabwe kujya batanga ikiruhuko gito mu mikino ya nimugoroba kugira ngo abakinnyi, abasifuzi ubwabo n’abandi b’abasilamu bafate ibyo kurya igihe kigeze.

Ibi bije mu gihe abasilamu ku Isi yose bitegura kwinjira mu gihe gitagatifu cya Ramadan aho biteganyije ko bamwe bagitangira ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 22 Werurwe bakagifunga tariki ya 21 Mata 2023, kikamara ukwezi kumwe.

Muri rusange abenshi mu bakinnyi bakomeye muri shampiyona y’u Bwongereza ‘Premier League’ nka Mohamed Salah wa Liverpool, Riyad Mahrez wa Manchester City, Ngolo KantĂ© wa Chelsea na Granit Xhaka wa Arsenal byitezwe ko bagomba kubahiriza iki gihe gitagatifu.

Kubera ko batemerewe kugira icyo bakoza mu kanwa izuba ritarenga, ni muri urwo rwego basabiwe ko bazajya bafata utwo kurya tworoheje n’ibinyobwa birimo isukari ngo bibongerere akabaraga.

Aba bayobozi b’umukino kandi bakanguriwe ko mbere y’uko umukino utangira bajya babaza abakinnyi bakenera uyu mwanya wo kugira ibyo bafata kugira ngo igihe nikigera bahabwe uburenganzira.

Ibi byasabwe ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Bwongereza ‘FA’ na PGMOL (Professional Game Match Officials Ltd) ngo bagire icyo babivugaho.

Ibi si ubwa mbere byaba bibaye kuko mu myaka ibiri ishize, ku mukino wahuje Leicester City na Crystal Palace, umusifuzi Graham Scott yahaye Wesley Fofana na Cheikhou KouyatĂ© umwanya wo gufata ibyo kurya, ibintu Fofana yaje gushima cyane nyuma y’umukino agira ati: “…ni byo bigira umupira mwiza cyane!”

Ramadan ni ukwezi kwa Cyenda ku ngengabihe ya kisilamu, abo abasilamu bose bamara uku kwezi bigomwa ibyo kurya, basenga, kandi bakora n’ibikorwa by’ubugiraneza.

skysports-mohamed-salah-ngolo_6095569.jpg
Mohamed Salah na Ngolo KantĂ© ni abasilamu b’intangarugero
atletico-team-news.jpg
Riyad Mahrez na Ilkay GĂĽndogan ba Manchester City na bo bagomba kubahiriza Ramadan

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *