RDC: M23 yongeye kugaragara mu gace ka Kibirizi yari yaravuyemo

Sangiza iyi nkuru

Sosiyete sivile ya Kibirizi muri Sheferi ya Bwito muri Teritwari ya Rutshuru iravuga ko itewe inkeke n’urujya n’uruza rw’inyeshyamba za M23 zongeye kugaragara mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, itariki ya 23 Werurwe, mu duce twa Kirima, Kibingu, Kabanda na Kibirizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru .

Uyu muryango uravuga ko abantu bari bagiye kujya mu bikorwa byabo by’ubuhinzi mu karere ka Kwandwe mu majyaruguru ya Kibingu bahatiwe n’inzego zishinzwe umutekano, cyane cyane FARDC, gusubira inyuma bagasubira mu ngo zabo.

Nk’uko Mediacongo.net dukesha iyi nkuru ivuga, ngo inteko ishinga amategeko y’urubyiruko rwa Bwito na sosiyete sivile birahamagarira abatuye Kahumiro muri parike y’igihugu ya Virunga ndetse na Rwindi kuba maso.

Ibi bikaba bivugwa mu gihe ngo hashize icyumweru kirenga, inyeshyamba za M23 zivuye mu gace ka Kibirizi no mu nkengero zako, hagasigara abashinzwe umutekano ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo bakora akazi kabo gasanzwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *