Uwari ukuriye igipolisi muri Kampala wari umaze imyaka hafi 5 yaratorotse yigaruye

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari umuyobozi wa polisi muri Kampala, Assistant Commission of Police (ACP) Siraj Bakaleke yongeye kugaragara nyuma y’imyaka hafi itanu ahunze igihugu yanga gutabwa muri yombi azira gufata no gufunga abenegihugu ba Koreya mu buryo bunyuranyije n’amategeko .

ACP Bakaleke yahunze igihugu mu 2018 nyuma yo guhagarikwa ku mirimo ye muri Gicurasi kugira ngo akorweho iperereza ku buriganya buvugwa ko bwinjije miliyari imwe na miliyoni 400 z’amashilingi yariganyije Abanya-Koreya y’Epfo; Park Seunghoon na Jang Shingu Un, bari bagiye muri Uganda guhiga zahabu mu ntangiriro z’umwaka.

Ku itariki ya 19 Ugushyingo 2018, ubuyobozi bwa polisi bwatangaje ko yataye aakazi nta burenganzira (Absent Without Official Leave) nyuma y’iminsi irenga 30 bivugwa ko atari ku kazi nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor yibutsa.

Polisi yahise itanga amabwiriza ku muyobozi w’igipolisi cy’Akarere ka Buyende, yo gushakisha Bakaleke mu rugo rwa se mu Mudugudu wa Innuula, mu Murenge wa Bugaya, maze akamugira inama yo kwitaba ku biro bye mbere y’itariki ya 25 Ugushyingo 2018, atabikora agatangazwa nk’uwatorotse kandi ushakishwa.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Buyende muri raporo ye yavuze ko gusaka mu karere ayoboye ntacyo byatanze . Raporo yashyikirijwe Umuyobozi w’Ubuyobozi bushinzwe abakozi mu gipolisi.

Nyuma y’amezi abiri, yaje gutangazwa ko yatorotse igihugu nyuma y’uko abapolisi bahawe n’urukiko rushinzwe kurwanya ruswa icyemezo cyo kumuta muri yombi akurikiranweho icyaha cy’uburiganya, gushimuta no gukoresha nabi umwanya we.

Umuvugizi wa polisi, SCP Fred Enanga, avugana n’abanyamakuru kuri uyu wa Mbere yagize ati: “Nyuma y’imyaka itari mike, yigejeje ku cyicaro gikuru cya polisi maze yoherezwa ku buyobozi bushinzwe iperereza ku byaha aho yakoreshejwe inyandiko mvugo ku birego ashinjwa byo gutoroka. Gutoroka akazi ni icyaha kandi iyo utaye akazi utangazwa ko watorotse nyuma y’iminsi 21 hanyuma nyuma yaho ugashakishwa. Muri iyi myaka yose rero, yari ku rutonde rw’abashakishwa kubera gutoroka akazi ”,

Enanga avuga ko Bakaleke yafunzwe igihe gito akarekurwa by’agateganyo atanze ingwate.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *