Gen. Chirimwami yashinje umwe mu bo bareganwa gutanga Bunagana gushaka kumwica

Sangiza iyi nkuru

Ku nshuro ya gatatu, Brig. Gen. Chirimwami wa FARDC yitaba urukiko, mu iburanisha ryabaaye mu muhezo kuri uyu wa Kabiri, uyu mu ofisiye yakomeje gutuza no guhagarara ku buhamya yatanze imbere y’urukiko ku bijyanye n’ifatwa ry’Umujyi wa Bunagana wigaruriwe na M23 muri Kamena umwaka ushize .

Chirimwami watunzwe intoki n’abasirikare babiri bakuru ba FARDC (Colonel Lobo na Colonel Ndiadia), nk’uwahaye ingabo amabwiriza yo kuva mu karere k’imirwano gakikije umujyi wa Bunagana uherereye ku mupaka na Uganda bigatuma ufatwa na M23, yongeye guhakana ibyo aregwa byose.

Yemeje imbere y’abacamanza b’urukiko ko ahubwo umwe muri aba basirikare wari watakaje ubuyobozi ku ngabo ngo zazereraga ku rugamba, yateguye neza kumwivugana, mbere y’uko binjira mu gace ka Kitagoma nk’uko tubikeshaa Ibiro Ntaramakuru bya Congo (ACP).

Mu kwiregura, abo basirikare bakuru ba FARDC bombi bashinjwaga gutanga Bunagana no guhunga imbere y’umwanzi, nabo ntibahinduye ubuhamya bwabo bwa mbere. Na bo berekanye ku ikarita imbere y’abacamanza uburyo bahunze akarere k’imirwano kubera kubura inkunga y’ibikoresho ndetse n’abasirikare bo kubafasha.

Gen. Chirimwami wahoze ari umuyobozi w’ibikorwa bya Sukola 2 muri Kivu y’Amajyaruguru, yashinjwe n’abaregwa, Colonel Ndiadia na Colonel Lobo, ko ari we wategetse abayobozi b’ingabo za FARDC kuva ku murongo w’imbere w’urugamba igihe M23 yasatiraga umujyi wa Bunagana.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *