Ethiopia: Leta irateganya gusenyera mu gisirikare cy’igihugu ingabo zari iz’intara

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kane, itariki 6 Mata 2023, Guverinoma ya Ethiopia yavuze ko ishaka kwinjiza mu gisirikare cy’igihugu cyangwa igipolisi, ingabo zari zisanzwe ari iz’intara, igikorwa gishobora kubonwa nko gushaka kugabanya ubwigenge izo ntara zagiraga .

Ethiopia igizwe n’intara 10 zifite ubwigenge ku bintu runaka, uhereye ku kugira ingabo zazo kugeza ku burenganzira bwo gukoresha ururimi rwabo.

Guverinoma yagize ati: “Guverinoma yashyizeho icyerekezo cyo kubaka igisirikare kimwe gikomeye kandi gishyize hamwe … yatangiye ingamba zifatika zizemerera ingabo zidasanzwe za buri ntara kwinjizwa mu nzego zitandukanye z’umutekano”.

Amasaha make mbere y’iryo tangazo, ibitangazamakuru byo mu Ntara ya Amhara, ya kabiri nini muri Ethiopia, byatangaje ko imirwano iherutse kuba hagati y’ingabo z’igihugu ndetse n’iz’ntara yatewe no kuba ingabo zidasanzwe za Amhara zaranze gutanga intwaro mu rwego rwo kwishyira hamwe.

Gizachew Muluneh, umuvugizi wa Amhara ntabwo yahise asubiza ibyifuzo byo gutnga ibisobanuro nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.

Mu itangazo ryayo guverinoma yemeje ko umwuka mubi wazamutse muri Amhara ariko iyishinja kutumva neza iyi politiki.

Nyamara, Ingabo za Amhara zashyigikiye ingabo za Minisitiri w’intebe Abiy Ahmed mu kurwanya ingabo zigometse mu majyaruguru y’igihugu muri Tigray igihe amakimbirane yatangiraga mu 2020.

Ntabwo ari ubwa mbere imidugararo itangiye mu karere. Muri Gicurasi 2022, uwahoze ayobora ingabo z’akarere ka Amhara, wanenze cyane Abiy, yatawe muri yombi ari kumwe n’abanyamakuru baho.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *