Minisitiri w’intebe wungirije, Minisitiri w’ubukungu akaba na Perezida w’ishyaka rya politiki Union pour la Nation congolaise (UNC), Vital Kamerhe kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 8 Mata 2023 yageze i Bukavu, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo .
Uyu muyobozi uherutse gushingwa ubukungu bw’igihugu yari agiye kwiyandikisha hasigaye iminsi itatu ngo kwiyandikisha kuri lisiti y’itora birangire mu gace ka gatatu k’amatora.
Muri mitingi yakoresheje aho, uwahoze ari umuyobozi mukuru w’ibiro bya Perezida wa Repubulika yashimiye Félix Tshisekedi kuba yaramugize umuyobozi kuri uyu mwanya, nyuma yo gutandukana gato kubera ko yari afungiye muri Gereza ya Makala ashinjwa kunyereza amafaranga.
Imbere y’imbaga y’abantu, yatangaje ko yakiriye telefoni nyinshi zimusaba kutemera icyifuzo cya Félix Tshisekedi, cyo kumushyira muri guverinoma ya 2 ya Sama Lukonde; ikintu avuga ko yanze.
Ati “Nakiriye telefoni nyinshi zinsaba kwanga kugenwa kwanjye muri guverinoma.”
Ku bwe, igihe cyari kigeze cyo gukorera igihugu, ariko kandi, ngo ntabwo yabura gushimira Tshisekedi nk’uko iyi nkuru dukesha Mediacongo.net ikomeza ivuga.
Ishyirwaho rya Vital Kamerhe kuri iyi mirimo byanenzwe na bamwe mu banyapolitiki basanze ari agasuzuguro bitewe n’ubunini bwe muri politiki n’amasezerano yabo ya Nairobi.


