Uganda: Abandi bayobozi barimo minisitiri w’intebe bashobora kugezwa mu rukiko bazira amabati

Sangiza iyi nkuru

Biteganijwe ko abandi bayobozi benshi muri guverinoma na ba minisitiri bazakurikiranwa mu rukiko kubera imanza zerekeranye n’amahano yo kunyereza mabati yari agenewe abatishoboye mu Karere ka Karamoja muri Uganda, nk’uko abapolisi n’ibiro by’umuyobozi w’ubushinjacyaha (DPP) babitangaje .

Umuvugizi wa polisi, Fred Enanga, yatangarije Sunday Monitor ko iperereza rya polisi, aho ubushinjacyaha bushingira ku byaha bushinja, ryajugunye urushundura runini kandi biteganijwe ko abandi bakekwa bazitaba urukiko.

Ibi byatangajwe nyuma y’ifungwa rya Minisitiri ushinzwe ibibazo bya Karamoja, Mary Kitutu, nyuma yo gushinjwa ibyaha bibiri byo gutakaza umutungo wa leta n’ubugambanyi mu buriganya mu rukiko rushinzwe kurwanya ruswa. Ubu minisitiri afunzwe by’agateganyo muri Gereza ya Luzira kugeza ku itariki ya 12 Mata.

Minisitiri Kitutu yareganwe na musaza we, Micheal Naboya Kitutu, ushinjwa kwakira ibintu byibwe hagati ya Kamena 2022 na Mutarama 2023 mu mudugudu wa Situmi mu Murenge wa Bukhawekha, mu Karere ka Namisindwa. Bivugwa ko amabati yakiriye yayabonye mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Mu gihe inzego zishinzwe kurwanya ruswa n’igice cy’Abagande babonye ifatwa rya Kitutu na musaza we nk’intambwe nziza mu kurwanya ruswa, abandi basanga uyu minisitiri ari igitambo gusa.

Hariho kandi kwibaza impamvu musaza wa Kitutu, wafashwe mbere n’ishami rya Leta rishinzwe kurwanya ruswa, yarashinjwe mu gihe abandi bahawe, kandi bemeye ko bakiriye amabati batarashinjwe.

Bikaba bivugwa ko abayobozi bakuru muri guverinoma, barimo Visi Perezida Jessica Alupo, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Anita Among, na Minisitiri w’Intebe, Robinah Nabanja, bavuzwe kandi bemera ko bahawe amabati yari agenewe abatishoboye bo mu Karere ka Karamoja.

Impuguke mu by’amategeko zaganiriye na Sunday Monitor zivuga ko hari byinshi bigomba gusuzumwa ku birego bizashinjwa aba bayobozi bahakanye ko bari bazi ko ayo mabati yanyerejwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *