Kuri iki Cyumweru, itariki 9 Mata 2023, urusaku rw’amasasu rwumvikanye mu mijyi ibiri yo mu Ntara ya Amhara muri Ethiopia mu gihe ibihumbi n’ibihumbi by’abaturage baho bigaragambyaga bamagana itegeko rya guverinoma ihuriweho yo gusenyera igisirikare cy’intara mu gisirikare cy’igihugu .
Abagize ingabo zidasanzwe za Amhara n’imitwe yitwara gisirikare ikorana nazo, bahize ko bazamagana icyemezo cyafashwe ku wa Kane, biyemeza guhangana na guverinoma ya Minisitiri w’intebe Abiy Ahmed, wavuze ko icyo cyemezo kigamije gushimangira ubumwe bw’igihugu.
Iri teka rireba intara 11 zose za Ethiopia, zifite ingabo zazo n’uburenganzira bwo gukoresha ururimi rwabo, ariko ryakiriwe nabi cyane muri Amhara, intara ya kabiri mu bunini, iherutse gushwana na Abiy vuba aha yaramufashije mu guhangana na TPLF, Igisirikare cy’Intara ya Tigray.
Umuturage wa Gondar, ahabereye imyigaragambyo ikaze kuri iki Cyumweru gishize, yavuze ko abagize ingabo zidasanzwe za Amhara barashe mu kirere ijoro ryose mu kwamagana iryo teka nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.
Abaturage babiri bo mu mujyi wa Kobo bavuze ko bumvise urusaku rw’imbunda nini hanze y’umujyi. Ntabwo hahise hamenyekana uwarasaga. Abaturage bavuze ko habaye imyigaragambyo byibuze mu yindi mijyi itandatu.
Abavugizi ba guverinoma n’ingabo z’igihugu cya Ethiopia ndetse na guverinoma y’akarere ka Amhara ntibashoboye kuboneka kugira ngo babitangeho ibisobanuro.
Igitangazamakuru kiyobowe na guverinoma y’intara cyasubiyemo Perezida wa Amhara, Yilkal Kefale, avuga ko icyemezo cya guverinoma ihuriweho cyumviswe nabi nk’aho kigamije kwmbura intwaro ingabo zidsanzwe. Mu by’ukuri, ngo ni ugutegurira ingabo z’intara gukorera munsi y’inzego zishinzwe umutekano z’igihugu, nk’uko yavuze.
Ingabo zidasanzwe n’imitwe yitwara gisirikare ya Amhara zafatanyije n’ingabo z’igihugu mu ntambara yari imaze imyaka ibiri ibera mu ntara bituranye ya Tigray. Amakimbirane yahitanye ibihumbi mirongo, yarangijwe n’amasezerano y’amahoro yo mu Gushyingo gushize.
Ariko mu mezi ashize, abayobozi n’abaharanira inyungu za Amhara bashinje guverinoma ya Abiy kuba yararebereye amarorerwa yakorewe Abanya-Amharas batuye mu ntara begeranye ya Oromiya ndetse no gushaka gusubiza Tigray ubutaka yambuwe mu gihe cy’intambara.
Bavuga ko iseswa ry’ingabo zidasanzwe z’intara yabo byabasiga nta bushobozi bafite bwo kwirinda ibitero byava muri Tigray na Oromiya.


