Urukiko rwa Gisirikare rwa Diviziyo ya 3 ruherereye mu Karere ka Moroto mu majyaruguru ya Uganda rwakatiye Abanyakenya 32 bo igifungo cy’imyaka 20 muri gereza ya leta ya Moroto kubera gutunga imbunda n’amasasu mu buryo butemewe .
Abanyakenya 32 bose batuye mu Ntara ya Orum mu Karere ka Lodwar, mu Ntara ya Turkana bahamwe n’icyaha nyuma kucyiyemerera ubwabo maze bakatirwa n’urukiko rwari ruyobowe na Col Benard Arinaitwe Tuhame.
Ingingo ya 119 y’Itegeko rigenga ingabo za Uganda (UPDF) ivuga ko umuntu uwo ari we wese usanganwe intwaro, amasasu cyangwa ibikoresho byihariye bya gisirikare, aburanishwe n’urukiko rwa gisirikare.
Ku itariki ya 8 Mata, UPDF ifatanije n’abapolisi bakoze umukwabu mu bice bya Lokiriaut, mu Murenge wa Nadunget aho imbunda 31 n’amasasu 752 byavanywe mu borozi bo muri Turkana mu karere ka Moroto.
Umuyobozi wa Diviziyo ya 3 ya UPDF, Brig Gen Joseph Balikuddembe, yatangarije Monitor mu kiganiro ko iki gikorwa, cyanafatiwemo umuheto n’imyambi 19, cyakorewe mu Mudugudu wa Lokereyot, mu gace ka Nadunget, mu birometero 50 uvuye mu mujyi wa Moroto, mu masaha yo mu gitondo cyo kuwa Gatandatu.


