Imibiri bivugwa ko iri hagati ya 45 na 50 y’abantu bikekwa ko bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ku itariki ya 10 Mata, yakuwe mu Kiyaga cya Gashaka mu Murenge wa Mukarange, mu Karere ka Kayonza .
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukarange, Patrick Kabandana, yabwiye abanyamakuru ko aya makuru yabanje gutangwa n’umuturage wo mu Mudugudu wa Kanyamasha, Akagari ka Rugendabari, kandi ko imibiri yarohowe ikajyanwa mu gihe iperereza ryatangiye.
Mu Murenge wa Mukarange ni hamwe imibiri y’abantu babarirwa muri magana bishwe muri jenoside hataramenyekana aho iherereye ngo ishyingurwe mu cyubahiro.
Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Mata, Didace Ndindabahizi, Perezida wa Ibuka mu Karere ka Kayonza, yatangarije ikinyamakuru The New Times ko adashobora kwemeza neza niba iyi mibiri mu by’ukuri ari iy’abazize jenoside mbere y’uko iperereza rikomeje gukorwa n’inzego zibishinzwe rirangira kandi ukuri kugasohoka.
Ndindabahizi yagize ati: “Duhereye ku byo twamenye, kugeza ubu, umuhinzi witwa Eric Munana yari yagiye mu murima we mu gitondo cya kare, kandi abana bavomaga amazi ku nkombe z’ikiyaga bamwereka imibiri. Yabimenyesheje abayobozi mu buryo bukwiye.
Ati: “Nkuko byavuzwe, imwe mu mibiri yari ku nkombe z’ikiyaga mu gihe indi yari mu mazi, munsi. Iperereza ryatangiye kugirango tugere mu ndiba y’ikibazo. Nageze aho byabereye igihe imibiri yari imaze gukurwamo. ”
Ndindabahizi ntiyigeze yanzura ko iyi mibiri yba ari iy’abazize jenoside ariko yashimangiye ko ari ngombwa gutegereza ibizava mu iperereza.


