Kuri uyu wa Mbere ushize, Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi muri Sudani yagabweho igitero iwe mu rugo i Khartoum, nk’uko byatangajwe n’umudipolomate mukuru w’uyu muryango, Josep Borrell, mu gihe imirwano hagati y’abajenerali bahanganye ikomeje kubica mu gihugu .
Borrell yanditse ku rubuga rwa Twitter ati: “Mu masaha make ashize, Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi muri Sudani yagabweho igitero aho yari atuye.”
Yongeyeho ati: “Umutekano w’ibigo n’abakozi ni inshingano y’ibanze y’abategetsi ba Sudani kandi ni inshingano mu mategeko mpuzamahanga.”
Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi muri Sudani ni Umunya-Irlande w’imyaka 58, Aidan O’Hara. Umuvugizi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Nabila Massrali, yatangarije AFP ko “ameze neza” nyuma y’igitero.
Ati: “Umutekano w’abakozi niwo dushyira imbere.” “Intumwa z’Ubumwe bw’u Burayi ntizimuwe. Harasuzumwa ingamba z’umutekano.”
Minisitiri w’Intebe wungirije wa Irlande akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Micheal Martin, yatangaje ko O’Hara “atababajwe cyane” ariko ko icyo gitero ari “ukurenga ku nshingano zikomeye zo kurinda abadipolomate mu masezerano y’i Vienne”.
Martin ati: “Aidan ni umudipolomate w’indashyikirwa wa Irlande n’u Burayi ukorera Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi mu bihe bigoye.”
“Turamushimira ku bw’umurimo yakoze kandi turasaba ko ihagarikwa ryihuse ry’urugomo muri Sudani, kandi gusubukura ibiganiro.”
Imirwano hagati y’ingabo za Sudani n’umutwe witwara gisirikare ugizwe n’Abajanjawidi imaze guhitana abantu bakabakaba 200 abandi 1800 barakomereka nyuma y’iminsi itatu y’intambara yo mu mijyi.
Umuryango w’Abibumbye wasabye ko imirwano ihagarara vuba kandi inzego mpuzamahanga, harimo n’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi, yagaragaje impungenge zikomeye.


