Sudani y’Epfo: Ingabo za UN zatewe ubwoba n’ubwicanyi bukomeje gufata indi ntera

Sangiza iyi nkuru

Ingabo za UNMISS ziri muri leta ya Sudani y’Epfo zatangaje ko aho bigeze ibiri kubera muri kiriya gihugu birenze ubushobozi bwa zo bityo hakaba hakwiye izindi ngamba mu guhagarika imirwano iriyo.
Ibi ni ibyatangajwe n’umunyamabanga ushinzwe ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, Moustapha Soumaré kuri uyu wa Gatandatu mu butumwa yageneye abari kwizihiza umunsi mukuru wa Pasika, aho yavuze ko intambara iri hagati ya Leta n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi buriho ikwiye izindi ngamba kugira ngo icogore.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ku ruhande rwe, yasabye ko habaho ibiganiro bibahuza kuruta uko hakomeza koherezwayo ingabo zicunga umutekano w’Abasivile kuko kuwugeraho bitoroshye mu gihe mu nzego zo hejuru bikomeje gucika.
Yagize ati”abarwanyi bo mu ishyaka rya SPLA riyobowe na Perezida Salva Kiir zimaze guca ibintu mu mijyi itandukanye zihanganye n’izo mu batavuga rumwe na zo barangajwe imbere na Dr Riek Machar, ubu uburenganzira bw’ikiremwa muntu buhungabanywa kandi hakabaye hari amahoro mu gihe ibiganiro ku mpande zombi byakozwe.
Uyu muyobozi yasabye ko ibikorwa byo kuganiriza abo ku mpande zombi byakwihutishwa mu gihe abantu bagihugiranye muri iyi minsi mikuru ya Pasika, bagahita bafatiraho mu kwiyunga wenda hari icyakorwa kuruta uko hakomeza koherezwayo izindi ngabo ahubwo ko na zo ari ukuzishora mu ntambara zidateze no kurangira.
Iki gihugu cyabonye ubwigenge muri 2011 nyuma yo kwitandukanya na Sudani ya ruguru iyobowe na Bachir nubwo imirwano itarekeye kuva zatandukana.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro n’imiryango yita ku burenganzira bwa muntu igaragaza impungenge ku bijyanye n’ihagarikwa ry’aya makimbirane, ivuga k bitoroshye, kuko ingabo za leta na zo zamaze kwijandika mu bwicanyi bukorerwa abasivile bishingiye ku moko.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *