Burundi: Umuyobozi wa gereza yatawe muri yombi nyuma yo gutoroka kw’abagororwa

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi wa Gereza Nkuru ya Rutana mu gihugu cy’u Burundi witwa Jonas Nimbona, ari mu maboko y’ubutabera guhera kuri uyu wa Mbere, aho afunganye n’umupolisi witwa Egide Nzeyimana bashinjwa kugira uruhare mu itoroka ry’abagororwa babiri bari bafungiye muri iyi gereza.

Kuwa kane ushize, nibwo abagororwa babiri batorotse Gereza ya Rutana mu buryo ngo butangaje. Umwe muri aba akaba ari uwitwa Charles Nzeyimana, wari umukuru w’ishyaka MSD rya Alexis Sinduhije, mu mujyi wa Bujumbura, bivugwa ko yatorotse ubwo yari ajyanywe kwa muganga ku Bitaro bikuru bya Rutana.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Uyu mugabo wari ukuriye MSD muri Bujumbura ntiyatorotse wenyine kuko yaburanye n’undi mugororwa bari bafunganye bombi bashinjwa kuba mu mitwe yitwaje ibirwanisho irwanya ubutegetsi nk’uko urubuga UBMNews rwo mu Burundi dukesha iyi nkuru ruvuga.

Uyu Jonas Nimbona wayoboraga iyi gereza rero akaba yatawe muri yombi mu rwego rwo gukora iperereza ngo harebwe ko ntaho ahuriye n’itoroka ry’abo bagororwa.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter


Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *