-1x-1.jpg

Igisirikare cya Ukraine kirasiye drone yacyo mu gace kegereye ibiro bya perezida i Kyiv

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare kirwanira mu kirere cya Ukraine cyarashe imwe mu ndege zitagira abaderevu zacyo kivuga ko cyri cyananiwe kugenzura mu kirere cy’umurwa mukuru,Kyiv, rwagati .

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane ushize, habaye guturika kw’ibisasu mu minota 15 kugeza kuri 20 ubwo intwaro zishinzwe ubwirinzi bwo mu kirere zageragezaga kurasa iyo drone mu gace kari hafi y’ibiro bya perezida.

Umuyobozi mukuru ushinzwe abakozi mu biro bya perezida, Andriy Yermak, yabanje kuvuga ko ari drone y’umwanzi yarashwe nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga.

Ariko ingabo zirwanira mu kirere zaje kwemeza ko ari iya Ukraine kandi zasenywe kugira ngo birinde ko haba “ibintu bitifujwe”.

-1x-1.jpg

Mu itangazo ryazo, zavuze ko Bayraktar TB2 UAV [ubwoko bwa drones zikorwa na Turkiya) yataye ‘control’ ahagana mu ma saa 20h00 (17h00 GMT) mu karere ka Kyiv, mu gihe yri imaze kugurutswa nk’uko byari biteganijwe.

Itangazo rikomeza rivuga ko hafashwe icyemezo cyo kuyirasa “kubera ko indege itagira abapilote itabasha kugenzurwa mu kirere cy’umurwa mukuru bishobora guteza ingaruka zitifuzwa”.

Igisirikare kivuga ko nta muntu wahasize ubuzima cyangwa ngo akomerekere aho drone yaguye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *