U Rwanda rwohereje abasirikare bazaruhagararira mu muhango wo kwimika ku mugaragaro Umwami w’u Bwongereza, Charles III, uraba kuri uyu wa 6 Gicurasi 2023.
Aba basirikare bagaragaye bari kumwe n’abandi bo mu bihugu bigize umuryango Commonwealth, ku kigo cya gisirikare cya Pirbright Military Center, aho bakoreraga imyitozo y’uko bazaseruka mu muhango nyirizina.
Ibindi bihugu byohereje abasirikare muri uyu muhango birimo: Tanzania, Botswana, Kenya, Togo, Costa Rica, Bahamas na Jamaica.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, hamwe n’umufasha we, Jeannette, kuri uyu wa 4 Gicurasi na bo bageze mu Bwongereza, aho bagiye kwitabira umuhango w’iyimikwa ry’Umwami Charles III.





