Somalia: U Burusiya bwemereye Somalia ubufasha mu bya gisirikare

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa 26 Gicurasi 2023, abadipolomate ba Somalia batangaje ko igihugu cyabo kigiye kwakir ubufasha cyahawe n’u Burusiya mu rwego rwo gufasha mu guhangana n’umutwe w’iterabwoba wa Al-Shabab.

Inkuru y’ikinyamakuru The Citizens ivuga ko abadipolomate batifuje ko amazina yabo atangazwa kubera ko nta burenganzira bwo kuvugisha abanyamakuru bafite, bavuze ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov, yemeye gutanga ubwo bufasha mu bya gisirikare, mu kiganiro aherutse kugirana na mugenzi we wa, Somalia Abshir Omar Jama, i Moscow.

Umwe muri aba badipolomate yagize ati: “U Burusiya bwiteguye guha ingabo za Somalia intwaro ndetse n’ibindi bikenerwa ku rugamba, kugira ngo Guverinoma yacu irusheho guhangana na Al-Shabab.”

U Burusiya bwemeye ubu bufasha ku ngabo za Somalia,nyuma y’amasaha make Al-Shabab rashe ku birindiro by’ingabo z’ubumwe bwa Afurika zavuye muri Uganda, ukicamo benshi, abandi bagafatwa bunyago.

Yanditswe na Byungura Cesar

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *