Umukuru wa M23 arashinja HRW gutangaza raporo itagaragaza ibimenyetso

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi mukuru w’umutwe wa M23 ku rwego rwa politiki, Bertrand Bisimwa arashinja umuryango Human Rights Watch uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu gutangaza raporo itagaragaza ibimenyetso, keretse amagambo gusa.

Muri iyi raporo yasohotse kuri uyu wa 13 Kamena 2023, HRW yatangaje ko kuva muri Werurwe kugeza muri Gicurasi yaganirije imbonankubone cyangwa ikoresheje telefone Abanyekongo 81 bavuga ko bahohotewe, abatangabuhamya, abayobozi b’Abanyekongo, abahagarariye imiryango itari iya Leta, abahagarariye Umuryango w’Abibumbye n’abadipolomate b’abanyamahanga.

Uyu muryango uvuga ko wiboneye amakuru y’abantu 8 bishwe n M23 n’abasambanyijwe n’abarwanyi bayo, kandi ngo hari n’andi yizewe y’izindi imfu zibarirwa mu 10 itabashije kugenzura kubera imbogamizi zirimo iz’umutekano. Abandi ni 7 bishwe na 3 bakomerekeye mu bitero by’uyu mutwe muri Kanombe, Kitchanga na Mushaki.

HRW ivuga ko yagenzuye amakuru y’ibitero byagabwe ku bikorwaremezo ikoresheje uburyo bw’amafoto, ubw’icyogajuru n’amashusho. Iremeza ko byakozwe hagati y’Ugushyingo 2022 na Werurwe 2023.

Bisimwa mu gitondo cy’uyu wa 14 Kamena, yasabye HRW gukoresha ibimenyetso, aho gukoresha amagambo gusa yemeza ko ahabanye n’ukuri. Ati: “Dusabe HRW gukoresha ibimenyetso, aho gukoresha amagambo yoroshye ahabanye n’ukuri guhari.”

Uyu muyobozi wa M23 kandi yavuze ko uyu muryango uri gutangaza icengezamatwara ry’ubutegetsi bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo ngo ritazigera ritsinda. Yatanze urugero rw’inkuru ya Kishishe yakwirakwiye mu Gushyingo 2022, aho byatangajwe ko uyu mutwe wahiciye abasivili benshi cyane.

Bisimwa aravuga ko muri RDC hakomeje gukwirakwira imvugo z’urwango zibasira ubwoko, kandi ngo hari gutegurwa jenoside. Ngo raporo zishinja M23 ibyaha zigamije kuyobya amahanga, ngo atabona ukuri kw’ibyo ubutegetsi buri gukorera muri iki gihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *