Perezida Ndayishimiye yavuze ko hakwiye kwifashishwa ikoranabuhanga mu kugenzura ifaranga ry'igihugu

Ndayishimiye yatunguwe n’umukozi wahembwe amafaranga hafi miliyari 2 mu mezi 5

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yatangaje ko yatunguwe no kubona ko hari umukozi wa Leta wahembwe amafaranga y’iki gihugu miliyari imwe na miliyoni 800 (1.800.000.000 Fbu) mu mezi atanu gusa.

Ni amakuru yatanze tariki ya 9 Kamena 2023, umunsi wahariwe gukunda igihugu wibandaga ku ntego z’iterambere Abarundi biyemeje kugeraho mu mwaka w’2040 n’uw’2060.

Ndayishimiye yabwiye abo mu nzego zitandukanye bitabiriye ibi birori ati: “Murabizi? Minisitiri yambaye message, ambwira ati ‘Ibara riraguye!’ Umukozi yahembwe 1 milliard, huit cents millions mu mezi atanu, kuri konti ye! Ni ukuvuga ngo ahembwa 360 millions par mois. None abantu barya nk’ayo mafaranga bakwemera ko aba digitalisés? Tuvugishe ukuri.”

Uyu Mukuru w’Igihugu yavuze ko uburyo ifaranga rikoreshwamo bukwiye kujya bugenzurirwa mu ikoranabuhanga (digitalisé) mu rwego rwo gufungira amayira abiba igihugu, naho ubundi ngo nta bundi buryo bwakemura iki kibazo mu gihe n’abasirikare bacibwa mu rihumye.

Yagize ati: “Umuntu ushobora kwiba mu gisirikare, ahantu tuba dutonze umurongo ku idarapo, akagira abari fictifs (aba baringa) akabishobora, none hari umujura ruharwa uruta uwo? None ahari akajagari aho muri fonction publique ni ho batakwiba no ku basirikare n’abapolisi batonze umurongo gutya, abasambo bakiyaranja hakaba abasirikare fictifs…”

Mu gisirikare, Perezida Ndayishimiye yavuze ko ubajije ushinzwe imishahara umubare w’abasirikare igihugu gifite, ukabaza n’ushinzwe kubagaburira, bobi batahuza imibare. Ati: “Ntibakwigera bahuza! Uko ni ukuri ndimo ndababwira!!!”

Perezida Ndayishimiye amaze igihe kinini anenga abiba umutungo w’igihugu. Avuga ko usibye gukoresha ikoranabuhanga mu kugenzura uburyo amafaranga ya Leta akoreshwa, yanafashe ingamba zo guhindura inoti z’ibihumbi 10 n’iza 5 kugira ngo abibye iziri gucyura igihe zizabapfire ubusa.

Perezida Ndayishimiye yavuze ko hakwiye kwifashishwa ikoranabuhanga mu kugenzura ifaranga ry'igihugu
Perezida Ndayishimiye yavuze ko hakwiye kwifashishwa ikoranabuhanga mu kugenzura ifaranga ry’igihugu

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *