Mu gihe hibukwa ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka w’1994, Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG), iragaragaza urutonde rw’ahantu hatandukanye Abatutsi biciwe kuri iyi tariki ya 28 Mata 1994.
Abatutsi bari bahungiye ku musozi wa Nyamure, ubu ni mu murenge wa Muyira, mu Karere ka Nyanza, nubwo babanje kwirwanaho, nyuma baje kwicwa n’abajandarume n’abasirikare.
Akanama k’Umuryango w’abibumbye gashinzwe amahoro ku isi, kamaze amasaha 8 baburana ku ikoreshwa ry’inyito Jenoside , ku bwicanyi bwaberaga mu Rwanda. Igihugu cya Leta Zunze z’Amerika n’Ubwongereza byakomeje gutsimbarara banga gukoresha iyo nyito.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Yusufu Munyakazi n’Interahamwe ze bavanye i Bugarama bishe urwagashinyaguro Abatutsi bahungiye kuri Paruwasi i Shangi; barekeye aho ari uko bibwiye ko bashize bose. Ariko ntibashira amakenga, bakoresha amayeri barahamagara ngo niba hakiri abagore n’Abakobwa bagihumeka, bigaragaze babakize kuko muri gahunda yabo ntabwo kwica abagore byarimo. Abagihumeka koko barandara, bava mu nsi y’imirambo yabagwiriye, bibwira ko koko bashaka kubakiza.
Bamaze kubagwiza babajyana inyuma y’inzu za Paruwasi barabasambanya ikivunge barangije barabica. Abakoze Jenoside i Shangi bayoboye ibitero ni Suprefe Munyangabe Théodore (ufungiye i Mpanga), Padiri Mategeko Aimé, Burugumestri Karorero Karoli, Umukuru w’Interahamwe za Bugarama Yusufu Munyakazi, umukuru w’interahamwe za Nyamirundi Pima n’interahamwe uruhuri.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
@Bwiza.com


