Abasaga 36 bari barabohojwe n'umutwe wa IS barekuwe

Sangiza iyi nkuru

Abantu basaga 36 barimo abagabo, abagore n’abana barekuwe ku muryo butaramenyekana n’umutwe witwaye kisilamu wa Islamic State kuri uyu wa 30 Mata 2017.
BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko izi mbohe zari inkoreragahato muri Iraq mu gihe gisaga n’imyaka 3 ziri mu bukoloni bw’uriya mutwe kuko zakoreshwaga imirimo itandukanye ku nyungo z’uriya mutwe.
Aba bantu bagera kuri 36, nta we urabasha kumenya uko baje kurekurwa, gusa ngo bose bakaba baturuka mu miryango izwi nk’aba Yazidi bo muri kiriya gihugu.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Umuryango w’Abibumbye uvuga ko kugeza ubu, abagore n’abakobwa basaga 1500 bakiri mu maboko y’uriya mutwe, aho ngo bashobora kuba banakoreshwa imibonano mpuzabitsina ku ngufu.
Uyu mutwe wa IS umaze igihe usa n’uwashinze imizi mu gihugu cya Iraq, wafashe abantu babarirwa mu bihumbi guhera mu myaka 3 ishize, abenshi mu bafashwe bakaba baragiye bicwa baciwe amajosi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com
 
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *