RDC: Umunyapolitiki Diongo utavuga rumwe n’ubutegetsi yoherejwe muri gereza ya gisirikare

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’ibyumweru bibiri afunzwe n’ubutasi bwa gisirikare, umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Franck Diongo, yaje kwimurirwa muri gereza ya gisirikare ya Ndolo kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 8 Nyakanga 2023 .

Mbere y’uko yimurwa, perezida w’umutwe wa politiki, Mouvement Lumumbiste Progressiste, yabanje guhatwa ibibazo n’ubushinjacyaha bwa gisirikare i Kinshasa.

Uyu ushinjwa gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu, Franck Diongo, asanzemo umujyanama mu by’ingamba wa Moà¯se Katumbi, Salomon Kalonda, wafunzwe azira icyaha nk’icyo.

Abamwunganira baraburira ko ubuzima bwe bwifashe nabi nyuma y’igihe amaze afungiye muri gereza y’ubutasi bwa gisirikare nk’uko iyi nkuru dukesha Mediacongo.net ivuga.

Ku ruhande rwabo, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bashinja leta kwitwaza umutekano w’igihugu mu gushinga igitugu.

Ariko ubutegetsi buriho bushimangira ko uru ruhererekane rw’ifatwa ritavugwaho rumwe ruri mu rwego rw’imbaraga Perezida wa Repubulika na guverinoma bashyira mu kugarura ububasha bwa leta mu gihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *