Umurwanyi w’umutwe witwaje intwaro wa Wazalendo uvuga ko urwanira abaturage muri teritwari ya Masisi na Rutshuru mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo, yiturikije ku mugoroba wo kuri uyu wa 19 Nyakanga 2023, yica abandi 8 bari bamuri hafi, abandi benshi barakomereka.
Ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press, byatangaje ko aya makuru byayahamirijwe na Guverineri wungirije w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru ku rwego rwa gisivili, Isaac Kibira kuri uyu wa 20 Nyakanga.
Kibira yasobanuye ko Mzalendo yagaragaye afite iki gisasu bitari byamenyekanye mbere ko ari cyo, ubwo yari ageze mu gasantere [ka ‘Lubwe Sud’ muri gurupoma ya Tongo], kiramwica, muri ako kanya cyica n’abandi 8.
Uyu muyobozi yatangaje ko bikimara kuba, ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba zizwi nka EACRF zahise zitabara. Ati: “Ubutabazi bw’ibanze bwakozwe n’ingabo za EAC ziri muri aka gace.”
Ntabwo abagishyize aho Mzalendo yagitoraguye bahise bamenyekana, icyakoze ngo cyabonetse aho umutwe witwaje intwaro utavuzwe izina wari uherutse kwinjira.
Ibi biro ntaramakuru kandi bisobanura ko ahaturikiye iki gisasu hari haherutse kubera imirwano ya Wazalendo n’umutwe witwaje intwaro wa M23 bimaze igihe bihanganye.


