Ku nshuro ya mbere kuva intambara hagati ya M23 na Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yubura, hatangajwe umubare w’abarwanyi ba M23 biciwe mu mirwano no ku ruhande rw’inyeshyamba za Wazalendo zifatanyije na leta .
Nk’uko bitangazwa n’urubuga TazamaRDC, ngo imirwano yabereye kuri uyu wa Kane ushize, itariki 20 Nyakanga, ku dusozi twa Kavumu na Kasiza, yahitanye abarwanyi 7 ba M23, ikomeretsa abandi batatu.
Biravugwa ko inyeshyamba za M23 ngo zashakaga kwisubiza agace ka Butale muri Teritwari ya Masisi, zari zavuyemo nyuma yo kugafata mu minsi ishize. muri iyo mirwano, ngo inyeshyamba za Wazalendo 2 ni zo zapfuye, mu gihe undi umwe yakomeretse nk’uko byemezwa na sosiyete sivile yaho.
Indi mirwano hagati ya M23 na Wazalendo yumvikanye mu midugudu myinshi kuri uyu wa Kane, nko muri Kilolirwe, Kalenga na Butale mu masaha y’igitondo na nyuma ya saa sita.



One Response
Masisi: Bwa mbere hatangajwe abaguye mu mirwano ya M23 na Wazalendo ku mpande zombi
Nukubesha ntabwo byashoboka wazarendo ntuyashibora intare za Sarambwe