Abasirikare ba Ethiopia birukanye inyeshyamba za Fano muri Gondar hafi ya yose, umujyi munini umaze iminsi icyumweru uberamo imirwano wo mu Ntara ya Amhara, nk’uko abaturage ndetse n’umwe muri izo nyeshyamba babitangaje.
Intsinzi y’igisirikare i Gondar, umujyi wa kabiri munini wa Amahara, ni intambwe ya mbere ikomeye ku ngabo z’igihugu, zari zashegeshwe n’abarwanyi ba Fano no mu yindi mijyi imwe n’imwe ubwo imirwano yatangiraga mu ntangiriro za Kanama.
Ku wa Kabiri, ubuyobozi bw’Intara ya Amhara bashyize ahagaragara itangazo ku rubuga rwa Facebook buvuga ko Gondar n’umurwa mukuru w’intara, Bahir Dar, “byambuwe” Fano, ariko iryo tangazo ryari ryakuweho kuri uyu wa Gatatu.
Umurwanyi wa Fano ukomoka i Gondar kuwa Kabiri yatangarije Ibiro Ntaramakuru Reuters ko ingabo z’igihugu cya Ethiopia (ENDF), zishyigikiwe n’abapolisi barwanya imvururu ndetse n’izindi nyeshyamba zishyigikiye guverinoma, birukanye abarwanyi ba Fano mu mujyi.
“Yari imirwano ikaze. ENDF yakoreshaga ibifaru. Abarwanyi bacu bakoreshaga Kalashnikovs gusa “, ibi akaba yabivuze atavuze amazina ye.
Umwe mu bayobozi bo muri Gondar yavuze ko igisirikare “cyari hafi kugenzura umujyi wose”. Undi muturage wa Gondar yavuze ko yabonye ingabo zinjira mu mujyi rwagati ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri.


