Abanyamakuru b’Abanyarwanda bakora inkuru za siporo bahakanye amakuru yahwihwiswaga avuga ko basatswe n’abakozi b’urwego rw’u Burundi rushinzwe iperereza, SNR.
Iyi kipe igizwe n’abantu 24 barimo abakinnyi 17 bavuye mu Rwanda tariki ya 11 Kanama 2023, yerekeza i Bujumbura gukina n’indi y’abanyamakuru ba siporo kuri uyu wa 12 Kanama.
Amakuru yaturutse mu Burundi yavuze ko muri Jacks Light Hotel barayemo, mu gitondo aba bakozi b’urwego rw’ubutasi bagiye kubasaka, gusa ntibagira icyo babafatana.
Yagiraga ati: “Iperereza ni ryo ryagiye kubasaka aho baraye muri hoteli yitwa Jacks Light Hotel iri muri karitsiye Kigobe, muri zone Gihosha iri muri Komini Ntahangwa. Nyuma y’iryo sakwa, nta kintu kibi cyatowemo.”
Ishyirahamwe ry’aba banyamakuru rizwi nka AJSPOR, ryaraye ritangaje ko aya makuru ari igihuha. Riti: “Amakuru yagiye hanze avuga ko delegasiyo yacu iri i Burundi habayeho gusakwa muri Hotel Jacks Light Hotel ni ikinyoma cyambaye ubusa, nta rwego rw’umutekano na rumwe rwasatse delegasiyo yacu ndetse n’umukino uhuza asosiyasiyo zombi wagenze neza.”
Amakuru BWIZA yamenye ni uko, ahubwo aba banyamakuru basabwe ibyangombwa by’inzira bifashishije binjira mu Burundi, bikaba ari byo byitiranyijwe n’isakwa.
Umukino warangiye amakipe yombi anganya ubusa ku bundi (0-0).



