Kinshasa: Benshi mu bitabiriye inama isuzuma ibya “état de siège” ntibashyigikiye ko igumaho

Sangiza iyi nkuru

Benshi mu banyapolitiki n’abashinzwe imibereho myiza bakomoka muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri ntibashyigikiye ko ibihe bidasanzwe by’ubutegetsi bwa gisirikare (l’état de siège)muri izi ntara bugumaho nk’uko babigaragaje mu nama nyunguranabitekerezo yiga kuri iki kibazo yatangiye kuwa 14 ikaza gusoza imirimo yayo kuri uyu wa 16 Kanama.

Komisiyo ishinzwe gukuraho état de siège, isa nkaho ishyigikiwe ahanini n’abitabiriye inama, yatsindiye imitima y’abaturage muri iyi mirimo, aho benshi mu bagize komisiyo ishinzwe kugumishaho état de siège bifatanyije n’abadashyigikiye ko igumaho.

Bahisemo kugenda kugira ngo bajye muri komisiyo yo kuyikuraho kubera ko benshi mu badepite ndetse n’abanyapolitiki bifuzaga gusa kuzana impaka zirwanya kugumishaho état de siège muri komisiyo yo kuyigumishaho mu gihe hari abakora mu kuyigumishaho. Kugira ngo impaka zihute, twasabye abashaka kujya muri komisiyo yo kuyikuraho (état de siège) kujyayo, ntibashyizwe mu byiciro, ”ibi byavuzwe na Me Olivier Ndoole, wari witabiriye izo nama.

Amakuru yashimangiwe na Visi-Perezida w’Inteko y’Intara ya Kivu y’amajyaruguru , Jean Paul Lumbulumbu uri muri iyi nama, abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, aho yagize ati: “Nyuma y’impaka zikomeye zemewe n’amategeko, komisiyo imaze kwifatanya natwe aho duhagaze….”

Nyuma, Minisitiri w’Intebe yibukije ko ibyifuzo by’izi komisiyo eshatu bigomba kuzirikana ibijyanye n’imibereho n’umutekano mu gihe hategerejwe amatora yo mu Kuboza. Ibyavuye mu mirimo ya komisiyo zose bizashyikirizwa Perezida wa Repubulika afate icyemezo cya nyuma.

Ku munsi wa mbere w’iyi nama, ku wa Mbere ushize, hashyizweho komisiyo eshatu zo gukora ku byerekezo bitandukanye, harimo imwe ikora ibijyanye no kugumishaho état de siège, yashyizweho kuva mu 2021, indi yiga ku kuntu yavugururwa n’indi ya nyuma yiga ku ivanwaho burundu ryayo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *