Leta ya Khartoum muri Sudani kuri iki Cyumweru gishize yasenye ku bakirisitu urusengero basengeragamo ahitwa Soba Al-Aradi, mu birometero nka 19 uvuye mu murwa mukuru wa Sudani. Ibi ariko ngo bikaba byarakozwe mu gihe abayobozi muri guverinoma y’iki gihugu bari basabye ko ibyo bintu byo gusenya insengero.
Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru gishize, itariki 07 Gicurasi 2017 rero, ubwo itorero Sudanese Church of Christ ryari riteraniye mu masengesho, nibwo abayobozi ba Khartoum bazanye ibimodoka bisenya batangira gusenya urusengero rw’iri torero nk’uko bivugwa mu itangazo ihuriro ry’abakirisitu bo muri Sudani bashyikirije urubuga rwa Sudani Tribune dukesha iyi nkuru.
Iri huriro rinavuga ko abayobozi ba Sudani banataye muri yombi abapasitoro babiri bo muri uru rusengero rwashenywe, aribo; Paul Salah na Naji Abdallah.
Iri tangazo rikaba rikomeza rihamagarira umuryango mpuzamahanga gusabira uburenganzira bwo gusenga Abakirisitu bo muri Sudani no kurinda insengero zabo, rivuga ko abakirisitu bo muri iki gihugu batemerewe guterana ngo basenge, abashumba babo batabwa muri yombi ndetse na bimwe mu bikoresho byo mu nsengero bigafatirwa.
Abayobozi ba Sudani mu ntangiriro z’uyu mwaka bari basubitse umugambi wo gusenya insengero zigera 27 zirimo n’uru rwashenywe, aho bavugaga ko zidafatwa byemewe nk’insengero.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Nyamara ariko, ngo abayobozi b’aya matorero ya gikirisitu bavuga ko ubuyobozi bwabimye uburenganzira bwo kubaka insengero zifatika. Ibi ngo bikaba bituma bitabaza inzu z’amasengesho kure mu nkengero za Khartoum.
Ku rundi ruhande, abayobozi ba Sudani bo bavuga ko batanga ubwisanzure bwo gusenga ndetse bagatanga ingero z’insengero nyinshi ngo ziri mu murwa mukuru.
Iyi nkuru ivuga ko ikibazo cy’abakirisitu bo muri Sudani n’abo muri Sudani y’Epfo mu gihugu cyarushijeho gukara nyuma y’aho Sudani igumye ukwayo Sudani y’Epfo nayo ikajya ukwayo muri Nyakanga 2011. Icyo gihe, perezida Omar el-Bashir yatangaje ko bagiye gutora itegeko nshinga rya kisilamu 100% nyuma yo kwitandukanya.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


