Abayobozi bo muri Ukraine baravuga ko abantu barindwi, barimo umukobwa w’imyaka itandatu, biciwe mu gitero cya misile y’u Burusiya ku nzu y’imikino mu mujyi wa Chernihiv uherereye mu majyaruguru ya Ukraine.
Polisi yavuze ko abana 15 bari mu bantu 144 bakomeretse. Nibura abantu 25 bari mu bitaro.
Mu bahohotewe harimo abantu bari barimo kwizihiza umunsi mukuru wa gikirisitu w’Aba-Orthodox ku rusengero.
Ikibanza kinini n’inyubako ya kaminuza nabyo byangiritse muri icyo gitero.
Loni yabyise “amahano”, mu gihe Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yasezeranyije igisubizo cy’Igisirikare cya Ukraine ku”gitero cy’iterabwoba”.
Chernihiv iherereye nko mu bilometero 50 mu majyepfo y’umupaka wa Ukraine na Belarus.
Yafashwe n’ingabo z’u Burusiya mu mezi ya mbere y’igitero cy’u Burusiya muri Ukraine muri Gashyantare 2022.
Inzu y’imyidagaduro yibasiwe mu buryo butaziguye. Amabati y’inyubako zegeranye na yo arasambuka ndetse inyubako imwe iri muri metero 100 ifatwa n’inkongi.


