Ku mugoroba wo kuwa Gatandatu Perezida Paul Kagame yakiriye ku meza abaguverineri bo muri Nigeria, barimo uwa Leta ya Zamfara, Dauda Lawal, basoje umwiherero w’iminsi itatu bagiriraga mu Rwanda kuri iki Cyumweru, itariki ya 27 kanama 2023.

Ba Guverineri bari muri iki gihugu mu minsi itatu y’Umwiherero w’Abayobozi watewe inkunga n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Iterambere (UNDP) ku bufatanye n’Ihuriro ry’abaguverineri ba Nigeria (NGF).

Insanganyamatsiko y’umwiherero yari, “Ubuyobozi mu Gutegura Ahazaza ha Pan-Africanism no Kwishyira hamwe mu Isi Ihinduka.”

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umuvugizi wa Guverineri wa Zamfara, Sulaiman Bala Idris, ryagaragaje ko Perezida Paul Kagame yitabiriye inama yo gusoza uyu mwiherero.

Iri tangazo rigira riti: “Mu mwiherero, ba guverineri bitabiriye inama ziga ku buryo bunoze bwo guhindura ishoramari ry’u Rwanda mu bijyanye n’ikoranabuhanga rya digitale, igenamigambi ry’imijyi ndetse no guhindura imibereho n’ubukungu.” Rirangira rivuga ibiganiro bitaziguye bagiranye na Perezida Kagame.

Ati: “Mu rwego rwo guha icyubahiro ba guverineri basuye bavuye Nigeria, Nyakubahwa Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yabatumiye mu ifunguro risoza.
Ati: “Ifunguro rya nimugoroba ryabaye inzira yo gushimangira umubano n’ubufatanye hagati ya guverinoma y’u Rwanda na Guverinoma ya Nigeriya ku rwego mpuzamahanga.”


