Perezida Ali Bongo Ondimba wakuwe ku butegetsi n’abasirikare ba Gabon yasabye abamukunda, baba ab’imbere mu gihugu no mu mahanga kuvuza induru kugira ngo we n’umuryango we barekurwe.
Abasirikare ba Gabon bayobowe na General Oligui Nguema kuri uyu wa 30 Kanama 2023 batangaje ko bakuye Bongo ku butegetsi, basesa ubuyobozi bw’inzego zose. Ni nyuma y’amasaha make komisiyo y’amatora itangaje ko yatsindiye manda ya gatatu.
Hasohotse videwo y’amasegonda 51 igaragaza Bongo aho afungiwe mu rugo rwe, atakambira abamukunda kugira ngo bamufashe arekurwe, yongeraho ko yatandukanyijwe n’umugore we, kandi ko umuhungu we afunzwe.
Yagize ati: “Ndi Ali Bongo Ondimba, Perezida wa Gabon. Ndaha inshuti zacu hirya no hino ku Isi ubutumwa bw’uko bavuza induru kubera ko abantu hano bamfunze, umuhungu wanjye ari ahandi hantu, umugore na we ni uko, ndi aho ntuye.”
Bongo bigaragara kandi byumvikana ko mu ijwi rye yari afite ubwoba yakomeje agira ati: “Ntabwo nzi ibirimo kuba. Rero mbahamagariye kuvuza induru, kuvuza induru, kuvuza induru by’ukuri. Ndabashimiye.”
Bongo w’imyaka 64 y’amavuko yayoboraga Gabon kuva mu 2009. Yagiye ku butegetsi asimbuye se, Omar Bongo na we wari ubumazeho imyaka myinshi.


