Ba Minisitiri 4 baraye i Goma kubera ‘ibara’ ryakorewe mu myigaragambyo

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’ingabo, Minisitiri ushinzwe umutekano w’imbere, ushinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu na Visi Minisitiri ushinzwe ubutabera bo muri Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), baraye i Goma, aho bari gukurikirana ikibazo cy’abiciwe mu myigaragambyo.

Iyi myigaragambyo yabaye mu rukerera tariki ya 30 Kanama 2023, yari igamije gusaba ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, MONUSCO, kuva muri RDC.

Icyo gihe ubuyobozi bw’intara bwohereje abashinzwe umutekano ngo bahagarike iyi myigaragambyo, basanga abigaragambya bariye karungu, ni ko kubarasa, abandi barabahondagura. Umubare w’abamaze gupfa barimo abahise bapfa n’abazize ibikomere batewe urarenga 50.

Perezida wa RDC, mu nama y’abaminisitiri yayoboye tariki ya 1 Nzeri, yagaragaje ko yababajwe n’imyitwarire y’abashinzwe umutekano mu guhagarika iyi myigaragambyo, afata icyemezo cyo kohereza aba baminisitiri kugira ngo bagikoreho isuzuma.

Ibiro by’Umuvugizi wa guverinoma ya RDC byatangaje ko aba baminisitiri hamwe n’Umugenzuzi Mukuru w’ingabo z’igihugu baraye bageze i Goma kuri uyu wa 2 Nzeri 2023, aho bari mu bugenzuzi basabwe gukora.

Abafatiwe muri iyi myigaragambyo batangiye kugezwa mu butabera. Ubutegetsi bwa RDC bwatangaje ko abishe abigaragambyaga na bo bazabiryozwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *