Perezida Kagame ari imbere kuri uru rutonde

Perezida Kagame na Bruce Melodie ku rutonde rw’ab’icyitegererezo muri Afurika

Sangiza iyi nkuru

Perezida Paul Kagame n’umuhanzi Itahiwacu Bruce wamamaye nka Bruce Melodie bari ku rutonde rw’abantu 100 b’icyitegererezo mu guharanira amahoro ku mugabane wa Afurika, 100 Most Notable Peace Icons, rw’uyu mwaka.

Uru rutonde ruyobowe na Perezida Kagame, nk’umuntu wayoboye urugamba rwo kubohora u Rwanda no guhagarika jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994, akayobora iki gihugu, akakigeza ku iterambere rigaragarira n’amahanga.

Perezida Kagame ari imbere kuri uru rutonde
Perezida Kagame ari imbere kuri uru rutonde

Bruce Melodie we aza kuri uru rutonde nk’umuhanzi wavukiye mu muryango uciye bugufi, akaza kwiteza imbere abinyujije mu muziki kugeza aho abaye umwe mu bahanzi bo mu karere ka Afurika y’iburasirazuba batunze amamiliyoni y’amadolari.

Umuryango 100 Most Notable wamushyize kuri uru rutonde wagize uti: “Bruce Melodie mu 2021 n’umuhanzi ufatwa nk’umwe mu bafite amafaranga menshi. Hamwe n’itsinda rye hashinze Isibo TV, asinya amasezerano akomeye n’ikigo BROK afite agaciro ka miliyoni 50 z’amafaranga y’u Rwanda.”

Wakomeje ugira uti: “Yakoranye n’ibigo by’itumanaho (MTN, Airtel binyuze mu kwamamaza, asinya amasezerano na Infinix Mobility, …mu 2021 asinya amasezerano na Kigali Arena kuri Frw miliyoni 150, aba umumiliyarideri mu mafaranga y’u Rwanda ubwo yasinyega amasezerano na Food Bundles. Ari mu banyamuziki 20 muri Afurika y’iburasirazuba batunze amamiliyoni y’amadolari.”

Nta wundi Munyarwanda uri kuri uru rutonde. Undi munyapolitiki wo mu karere ka Afurika y’iburasirazuba ururiho ni Perezida William Ruto wa Kenya, mu gihe umuhanzi ari Diamond Platinumz wo muri Tanzania.

Bruce Melodie yaje kuri uru rutonde bwa mbere
Bruce Melodie yaje kuri uru rutonde bwa mbere

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *