Burundi: Haravugwa itabwa muri yombi ry’abacamanza bagera kuri bane

Sangiza iyi nkuru

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko abantu batatu mu rwego rw’ubucamanza barimo Perezida w’urukiko rw’ibanze rwa Ntahangwa (mu majyaruguru ya Bujumbura), Ferdinand Ntizoyimana n’Umushinjacyaha Mukuru wungirije mu rukiko rw’ubujurire rwa Ntahangwa, à‰ric Ndikumana.

Aba bafungiwe muri Gereza Nkuru ya Mpimba kuva ku mu ijoro ryo kuwa Mbere, itariki 11 Nzeri 2023 nk’uko iyi nkuru dukesha urubuga rwa SOSMediasBurundi ivuga.

“Bararegwa kuba baremeye kugurisha imodoka yari yafashwe n’ubutabera. Imodoka yari iy’umuturage w’Umunyekongo. Igikomeye, ni uko imodoka yahawe uwatsinzwe wahise azimira,” ibi Umucamanza wo muri Bujumbura yabitangarije SOS MĂ©dias Burundi.

Andi makuru ariko ngo avuga ko aba bacamanza baba bazira ibindi bintu byabuze.

Usibye aba, abandi bacamanza babiri mu biro bya minisitiri w’ubutabera barimo uwitwa Anicet Rivugo, batawe muri yombi uwo munsi, ndetse n’umuplanto mu rukiko rwa Mukaza (muri Bujumbura rwagati) nk’uko amakuru agera kuri uru rubuga akomeza avuga.

Impamvu nyakuri y’iri tabwa muri yombi mu kivunge ry’abakora mu rwego rw’ubucamanza mu gihugu cy’u Burundi ntabwo rirasobanuka neza, mu gihe umuvugizi w’ubushinjacyaha na minisiteri y’ubutabera batifuje kugira icyo batangaza kuri aya madosiye.

Ku itariki ya 31 Kanama, abandi bacamanza 7 bo mu Ntara za Gitega na Karusi batawe muri yombi bakurikiranweho ruswa n’ubutekamutwe bakaba bafungiwe muri Gereza ya Bujumbura.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *