Guverineri w’agateganyo wa Kivu y’Amajyaruguru, Gen. Maj. Peter Cirimwami Nkuba, yakoze ubutumwa bwo kugenzura ihagarikwa ry’imirwano ku muhanda Goma-Kibati-Kanyamahoro-Kibumba mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Icy’ibanze muri ubu butumwa kwari ukureba uko FARDC ihagaze ku murongo w’imbere no kureba niba ihagarikwa ry’imirwano ryarubahirijwe ku ruhande rwa Congo.
Ati: “Ntabwo twasabwe kuza gutera, ahubwo ni ukugenzura ihagarikwa ry’imirwano. Niba M23 ishaka kurenga ku guhagarika imirwano, ni ikibazo cyabo. Bizagaragara imbere ya buri wese no ku rwego mpuzamahanga. Ariko ku ruhande rwacu, dukora akazi kacu twubaha ubuyobozi “, ibi bikaba byavuzwe na Gen. Major Peter Cirimwami Nkuba mu gusoza uru ruzinduko.
Umuyobozi wa Kivu y’Amajyaruguru yahamagariye abaturage kwizera ingabo zabo. Ati: “Nta kibazo kiri hagati y’ingabo n’abaturage. Ahubwo, habaye ibibazo hagati y’Abanyekongo, kandi dushobora gukosora amakosa hagati yacu ”.
Ubu butumwa bwa guverineri w’agateganyo Peter Cirimwami bwaje nyuma y’amasaha 24 atangiye imirimo yo gusimbura Lt Gen. Constant Ndima wahamagawe i Kinshasa nyuma y’iyicwa ry’abasivili benshi i Goma mu myigaragambyo yamaganaga MONUSCO.


