f62m6rlwcaarzal.jpg

Dore ibyo Tshisekedi yemereye Kabila kugirango amuhe ubutegetsi

Sangiza iyi nkuru

Amakuru atandukanye ku masezerano Perezida Tshisekedi yagiranye n’uwo yasimbuye, Joseph Kabila kugirango agere ku butegetsi akomeje kujya ku karubanda, aho nyuma yo kumwita umubeshyi nyuma y’ibyo aherutse gutangariza i New York anyomoza ayo masezerano, kuri ubu Corneille Nangaa wahoze ari Perezida wa komisiyo y’amatora yashyize ahagaragara ikimenyetso cy’ibyo avuga.

Nyuma y’aho kuri iki Cyumweru, Corneille Nangaa kuri twitter yemeje ko ayo masezerano koko yabayeho, ndetse abakuru b’ibihugu bya Afurika batatu babaye abatangabuhamya, ubu yashyize ahagaragara amasezerano yanditse yashyizweho umukono na Tshisekedi na Kabira muri Mutarama 2018.

Soma inkuru bifitanye isano hano hasi

https://bwiza.com/?Corneille-Nangaa-yatamaje-Tshisekedi

Ni Amasezerano yiswe ko agamije kuzana ituze n’amahoro muri Congo (Accord pour la paix la stabilité et la paix au Congo) hagati ya Bwana Felix Antoine Tshisekedi Tshilombo, umuyobozi w’ihuriro rya politiki, Cap pour le Changement (CASH), na Joseph Kabila Kabange, ukuriye Ihuriro rya politiki Front Commun pour le Congo (FCC).

Muri aya masezerano humvikanwe ko kugirango habeho guhererekanya ubutegetsi mu buryo bwa gisirimu, burambye kandi kubw’umutekano n’amahoro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, uwa mbere urebwa n’aya masezerano (Tshisekedi), yemeye ibi bikurikira:

Ingingo ya 1: Immunité totale (kudakurikiranwa na rimwe) ku ruhande rwa Kabila (umuryango we n’abari mu butegetsi bwe). Nta gukurikiranwa mu butabera ku byaha byose byaba byarakozwe (yaba ibyo kumena amaraso, iby’ubukungu n’ibindi).

Ingingo ya 2: Kuvugana hagati y’abayobozi bombi (Tshisekedi na Kabila) mbere y’ishyirwa mu myanya ryose mu nzego z’umutekano (igisirikare, igipolisi n’urwego rw’ubutasi), mu bucamanza, ibigo bya leta no mu buyobozi bw’intara.

Ingingo ya 3: Gushyigikira mu matora yo mu 2023 k’umuryango wa politiki wa Tshisekedi kandidatire ya FCC, umuryango wa politiki wa Kabila.

Aya masezerano yashyizweho umukono ku itariki ya 8 Mutarama 2018 bikorewe i Kinshasa ahitwa Kingakati.

Abagabo mpuzamahanga bari bahari ni Uhuru Kenyatta wahoze ari Perezida wa Kenya, Al-Sisi, Perezida wa Misiri, na Cyrille Ramaphosa wa Afurika y’Epfo.

Naho abagabo bo mu gihugu ni ba General Delphin Kahimbi (wapfuye mu 2021 urupfu rudasobanutse), Celestin Mbala, John Numbi (wahungiye muri Zimbabwe), Amisi Kumba (wemeye kuyoboka) na Jean-Claude Yav Kabey nawe wayobotse ndetse akaba yaranatanze ubuhamya ku rupfu rwa Gen. Kahimbi yemeza ko yiyahuye.

Soma ayo masezerano hano hasi

f62m6rlwcaarzal.jpg

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Dore ibyo Tshisekedi yemereye Kabila kugirango amuhe ubutegetsi
    Ariko ibyo mwihaye nibiki kabila se niwe utanga ubutegetsi!? Ubutegetsi abutanga abukuye hehe ko Atari ubwe!? Yari kubumuha gute kdi nawe abukeneye!?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *