Azerbaijan yataye muri yombi uwahoze ari umuyobozi wa Nagorno-Karabakh ubwo yageragezaga kuva muri ako gace ahungira muri Armenia.
Ruben Vardanyan, umucuruzi wayoboye kuva mu Gushyingo 2022 kugeza muri Gashyantare guverinoma y’akarere ka Nagorno-Karabakh gatuwe cyane n’abaturage bafite inkomoko muri Armenia gashaka kwitandukanya na Azerbaijan kuva mu Gushyingo 2022, yari mu bihumbi by’abaturage bagerageje kuhava.
Muri rusange, Abaturage bo mu bwoko bw’Abanya-Armenia 47.115 ubu bamaze guhunga Nagorno-Karabakh, yigaruriwe na Azerbaijan mu cyumweru gishize.
Umugore wa Vardanyan yasabye inkunga kugira ngo arekurwe.
Veronika Zonabend ati: “Ruben yahagararanye n’abaturage ba Arsakh mu gihe cy’amezi 10 yari ashize kandi yababaranye na bo mu rugamba rwabo rwo kubaho.”
Serivisi ishinzwe imipaka ya Azerbaijan yavuze ko yajyanywe mu murwa mukuru Baku, ashyikirizwa izindi nzego za Leta.
Ku wa Kabiri, ubwo bambukaga umupaka, ibihumbi n’ibihumbi by’Abanyarumeniya basatswe bikomeye kugirango basohoke ku mupaka wa Azerbaijan.
Abategetsi ba Azerbaijan bavuze ko barimo gushakisha abakekwaho “ibyaha by’intambara”, kandi umwe mu baturage yatangarije ibiro ntaramakuru by’Abafaransa (AFP) ko iki gihugu kizaha imbabazi abarwanyi b’Abanyarumeniya bashyize intwaro hasi muri Karabakh “.


