Abasirikare bakuru muri Burkina Faso barimo uwari Umugaba Mukuru w’Ingabo z’icyo gihugu ndetse n’ukuriye ubutasi, batawe muri yombi nyuma yo kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Capitaine Ibrahim Traoré uyoboye kiriya gihugu.
Guverinoma ya Burkina Faso mu itangazo ryasohowe n’umuvugizi wayo, Jean-Emmanuel Ouedraogo, yatangaje ko ku wa Kabiri tariki ya 26 Nzeri ari bwo muri kiriya gihugu habayeho kugerageza guhirika ubutegetsi.
Muri iri tangazo ryasomewe kuri Televiziyo y’Igihugu ku mugoroba wo ku wa Gatatu, Ouedraogo yamenyesheje rubanda ko “umugambi wa coup d’état waburijwemo n’inzego z’ubutasi ndetse n’iz’umutekano za Burkina Faso, ku wa 26 Nzeri 2023.”
Yakomeje agira iti: “Izi saha ba Ofisiye ndetse n’abandi bantu bakekwaho kugira uruhare mu gushaka guhungabanya umutekano w’Igihugu batawe muri yombi, abandi baracyashakishwa.”
Aba batawe muri yombi bashinjwa gushaka kugaba ibitero ku nzego z’Igihugu ndetse no gushaka kugishora mu mvururu.
Burkina Faso yageragejwemo coup d’état mu gihe hari hamaze iminsi havugwa umwuka mubi mu ngabo za kiriya gihugu.
Ni inkuru yatangajwe bwa mbere n’ikinyamakuru Jeune Afrique mu cyumweru gishize; gusa mu ntangiriro z’iki cyumweru Guverinoma ya Burkina Faso igikumira gukorera ku butaka bw’icyo gihugu igishinja gutangaza amakuru y’ibinyoma.
Nyuma y’uko amakuru ya Coup d’à‰tat amenyekanye muri Burkina Faso, ku mugoroba wo ku wa Kabiri abasirikare n’abaturage benshi biraye mu mihanda yo mu murwa mukuru Ouagadougou, mu rwego rwo kwerekana ko bashyigikiye Capitaine Ibrahim Traoré.
Burkina Faso yatangiye kurangwamo ibibazo bishingiye kuri Politiki kuva mu mwaka ushize, ubwo Rorch Marc Christian Kaboré wari Perezida w’iki gihugu kuva muri 2015 yahirikwaga ku butegetsi n’abasirikare bari bayobowe na Lt Col Henri-Paul Damiba.
Kaboré yahiritswe ku butegetsi ashinjwa kutagira icyo akora ngo afashe Burkina Faso kwigobotora ibitero by’iterabwoba imaze igihe igabwaho n’ibyihebe by’aba-Jihadistes.
Lt Col Henri-Paul Damiba nyuma y’igihe gito ayobora Burkina Faso na we yaje guhita ahirikwa ku butegetsi na Capitaine Traoré wujuje umwaka ayoboye Burkina Faso.
Guverinoma y’iki gihugu ivuga ko yicuza ku kuba abasirikare bakabaye barinda ubusugire bw’Igihugu barishoye mu mabi nk’ariya agamije “kubangamira urugendo rw’abaturage ba Burkina Faso ku busugire bwabo no kwibohora burundu imitwe y’iterabwoba igerageza kuba imbata.”


