Tshisekedi yemeje ko FARDC igiye kohereza ku rugamba abasirikare 40,000 basoje ikosi

Sangiza iyi nkuru

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemeje ko iki gihugu gifite abasirikare bashya babarirwa mu 40,000 cyitegura kohereza ku rugamba, nyuma yo gusoza imyitozo ya gisirikare.

Tshisekedi yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki ya 3 Ukwakira, ubwo yagezaga ijambo ku baturage bo mu gace ka Kasumbalesa, mu ntara ya Haut-Katanga.

Yavuze ko aba basirikare bagizwe n’urubyiruko yahamagariye kwinjira muri FARDC mu mwaka ushize mu rwego rwo kurinda ubusugire bwa RDC.

Ati: “Ni muri uru rwego twatangiye kuvugurura igisirikare cyacu. Reka nkoreshe uyu mwanya kugira ngo nshimire mwebwe urubyiruko ku kuba mwarasubije ubusabe bwanjye bwo kwinjira mu gisirikare cya RDC, turi hafi urubyiruko 40,000 ruri ku ikosi rya FARDC.”

“Imyitozo iri kugana ku musozo, ndetse turahita tunabohereza kuri site zitandukanye mu rwego rwo kurinda ubusugire bw’igihugu cyacu kugira ngo umwanzi adashobora kudutsinda.”

Byitezwe ko abenshi muri bariya basirikare bagomba koherezwa mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, aho ingabo za Congo zimaze igihe zihanganye n’inyeshyamba z’umutwe wa M23.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *