Kuri uyu wa Kabiri, uguturika mu ruganda rutemewe rutunganya peteroli mu karere ka Niger Delta muri Nigeria kwahitanye nibura abantu 37.
Nk’uko ibitangazamakuru byaho bibitangaza ngo guturika kwabereye mu gace ka Emohua muri Leta ya Rivers mu gihe uruganda rwatunganya peteroli.
Umugore utwite ari mu bishwe, mu gihe abandi benshi bakomeretse.
Abayobozi bavuga ko amakipe azimya umuriro yoherejwe aho hantu kandi iperereza ryatangiye.
Amagana y’inganda zitunganya peteroli mu buryo butemewe akorera muri Nigeria.
Igihugu gifite hafi miliyari 37 z’utugunguru twa peteroli izigamwe, bingana na 3,1% bya peteroli yose izigamwe ku Isi.
Nigeria, iri mu bihugu 15 bya mbere ku Isi mu bijyanye n’ibicuruzwa bikomoka kuri peteroli, iri ku mwanya wa 10 mu bihugu bifite peteroli nyinshi izigamwe ku Isi kandi iza ku mwanya wa gatandatu mu bihugu byohereza peteroli mu mahanga.
Akarere ka Delta, gafite amariba menshi ya peteroli, kagiye kagaragaramo ibikorwa byo guhungabanya imirimo, amakimbirane no gushimuta.


