RDC: Nyuma y’imirwano yaramukiye muri Bwiza ubu intambara irasatira i Kiwanja

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’imirwano yaramukiye mu giturage cya Bwiza, muri Teritwari ya Masisi kuri uyu wa Gatatu, itariki 11 Ukwakira, ubu urugamba rukomereje mu nkengero za Kiwanja aho bivugwa ko guhera mu ma saa saba n’igice urusaku rw’imbunda nto n’iziremereye rwumvikanaga mu birometero bicye mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Kiwanja muri Teritwari ya Rutshuru.

Amakuru y’ibanze agera ku rubuga lesvolcansnews dukesha iyi nkuru, avuga ko ari imirwano ishobora kuba ikomeje hagati ya M23 na FARDC/Wazalendo muri icyo gice kiri mu birometero nk’icumi uvuye i Kiwanja.

Ibi biravugwa nyuma y’aho FARDC/Wazalendo bigamba kuba bafashe igice kinini cya Bwiza, ahari ibirindiro bikomeye bya M23.

Bivugwa ko Bwiza ari byo byari ibirindiro bya nyuma bya M23 muri Teritwari ya Masisi, aho uyu mutwe watangaje ko hasutswe imvura y’amabombe uvuga ko ibyo bisasu biri guhitana n’abaturage b’inzirakarengane.

Uruhande rwa Wazalendo runemeza ko rwigaruriye udusozi dutatu muri dutandatu tugize Bwiza, ariko M23 bivugwa ko ikiri muri Bwito ntacyo iratangaza ku ifatwa ry’utwo dusozi cyangwa niba ikigenzura Bwiza yose.

Hagati aho, i Kiwanja rwagati nta mirwano irahagera nubwo abaturage ngo bakomeje kuryamira amajanja.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. RDC: Nyuma y’imirwano yaramukiye muri Bwiza ubu intambara irasatira i Kiwanja
    Mupige washenzi musiwape muda.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *