Turkiya irashinja Amerika kwifatanya n’imitwe y’iterabwoba

Sangiza iyi nkuru

Igihugu cya Turkiya cyabwiye Leta Zunze Ubumwe za Amerika ko kitazifatanya nazo mu bikorwa bya gisirikare birimo n’abarwanyi b’Abakurde muri Syria nk’uko perezida Recep Erdogan yabitangaje kuri uyu wa Kane.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Turkiya we akaba yanasabye Amerika gusimbuza ambasaderi wayo muri Turkiya kubera ko ashyigikira Aba-Kurde, ariko department ya leta muri Amerika ikaba yatangaje ko uyu ambasaderi ashyigikiwe n’ubuyobozi bwa perezida Trump nk’uko tubikesha Associated Press.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Ubwo yatangaga ikiganiro I Istanbul nyuma y’iminsi micye abonanye na perezida Trump, perezida erdogan yanenze icyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyo kwifatanya n’iyo yise imitwe y’iterabwoba mu gushaka kwigarurira umujyi wa Raqqa bivugwa ko ari igicumbi cya Islamic State.

60065681cd3541b5b529879dde137102
Perezida Erdogan asohoka muri White House nyuma yo kubonana na Trump

Perezida Erdogan akaba yagize ati: “ Twavuze ko tutazabana namwe mu bikorwa nk’ibi, aho mwifatanya n’imitwe y’iterabwoba kandi turababwiye ngo mugire mahirwe.

Turkiya ifata abarwanyi ba People’s Protection nk’abakora iterabwoba muri Syria ndetse ngo aba bakaba ari abandi bakozi b’ishyaka PKK ry’Abakurde ryakomeje guteza umutekano mucye igihe kirekire muri Turkiya.

Erdogan yavuze ko yaburiye Trump ko Turkiya izarwanya aba barwanyi nibaramuka bateje ikibazo cy’umutekano kandi ngo babifitiye uburenganzira ku buryo ntawe bazirirwa bagisha inama kuko nta mwanya wo guta bafite.

Agaruka ku bitero Turkiya yigeze kugaba kuri Islamic state n’aba barwanyi ba People’s Protection muri Syria mu mwaka ushize, Erdogan yatangaje ko batazazuyaza kugaba ibitero nk’ibi nibabona ari ngombwa.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *