Arabia Saoudite yavuye mu biganiro byari bigamije gusubiza mu buryo umubano na Israel

Sangiza iyi nkuru

Arabia Saoudite, igihangange mu Burasirazuba bwo Hagati, yafashe icyemezo cyo guhagarika imishyikirano yatewe inkunga na Amerika ku gusubiza umubano mu buryo gushoboka na Israel, nyuma y’icyumweru kimwe intambara itangiye hagati ya Israel na Hamas yo muri Palestine.

Iki cyemezo cyatangajwe ku wa Gatandatu n’umuntu mu begereye guverinoma, mu gihe Umunyamabanga wa Leta wa Amerika, Antony Blinken, yari mu ruzinduko i Riyadh aho yagiranye ibiganiro na mugenzi we, Faisal bin Farhane.

Faisal bin Farhane yasabye ” Guhagarika imirwano muri Gaza no mu nkengero zayo byihuse”, ndetse no gukuraho ibihano byashyizweho na Israel ku bijyanye no kwinjiza imfashanyo z’ubutabazi ku butaka bwa Palesitine, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Arabia Saoudite ku musozo y’inama.

Ku wa Gatanu, mu kunenga cyane Israel kuva ku itariki ya 7 Ukwakira, Riyadh yavuze ko “yamaganye rwose kuvanwa mu byabo kw’abaturage ba Gaza kandi yamagana ibisasu bikomeje guterwa abasivili batagira kirengera. ”

Ku itariki ya 7 Ukwakira, abarwanyi ba Hamas babarirwa mu magana binjiye muri Israel bava mu karere ka Gaza, bica kandi bashimuta abasivili kandi bakwirakwiza iterabwoba n’ibitero bya roketi.

Nibura Abanya-Israel 1300, abenshi muri bo bakaba ari abasivili, bishwe n’icyo gitero.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *