268bcf987a4eba600542312ddbfcd2bb.jpg

USA: Umwana w’Umunyapalestine yishwe atewe icyuma nyina asigwa ari intere

Sangiza iyi nkuru

Igipolisi cyo muri Amerika cyashinje umugabo w’imyaka 71 icyaha cy’ubwicanyi n’urwango nyuma yo kwica umwana w’imyaka itandatu ndetse anakomeretsa bikabije nyina w’imyaka 32, avuga ko yatoranije abahohotewe kubera imyemerere yabo ndetse nk’igisubizo ku ntambara iri hagati ya Israel na Hamas.

Polisi yo mu gace ka Will County mu mujyi wa Chicago, mu itangazo ryayo ku Cyumweru yagize iti: “Abashinzwe iperereza bashoboye kumenya ko abahohotewe bombi muri iki gitero cy’ubugizi bwa nabi bikekwa ko bibasiwe kubera ko ari abayisilamu ndetse no kubera amakimbirane akomeje mu Burasirazuba bwo Hagati ya Hamas na israel.”

Ku wa Gatandatu mu gitondo, abapolisi basanze abahohotewe bombi mu rugo nko mu bilometero 40 mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Chicago nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga.

Ibiro by’umugenzacyaha byatangaje ko uyu mwana watangajwe ko yapfuye ku bitaro, yatewe icyuma inshuro 26 hakoreshejwe icyuma kinini cya gisirikare.

Umubyeyi we yari afite ibikomere birenga icumi by’icyuma ku mubiri we. Ku Cyumweru yari akiri mu bitaro ariko byari byitezwe ko arokoka.

268bcf987a4eba600542312ddbfcd2bb.jpg

Polisi yavuze ko ukekwaho icyaha, witwa Joseph Czuba, yasanzwe ku wa Gatandatu, “yicaye hasi hafi y’umuhanda w’urugo” afite igikomere ku gahanga.

Ku Cyumweru yari afunzwe ategereje kwitaba urukiko. Polisi yamushinje ubwicanyi bwo mu rwego rwa mbere, gushaka kwica mu rwego rwa mbere, ibyaha bibiri bishingiye ku nzangano ndetse no gukomeretsa bikomeye hifashishijwe intwaro yica.

Mu magambo ye, Ahmed Rehab, umuyobozi mukuru w’Akanama k’Umubano w’Abayisilamu bo muri Amerika (CAIR) mu gice cya Chicago, yagize ati: “Imitima yacu iraremereye, kandi amasengesho yacu ari kumwe n’umuhungu wari ukunzwe na nyina.”

Uyu muryango wagaragaje ko abahohotewe ari Wadea Al-Fayoume, umuhungu ukomoka muri Palestine w’Umunyamerika wari uherutse kuzuza imyaka itandatu, na nyina Hanaan Shahin.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *