Inteko ishinga amategeko ya Kenya yategetse ubugenzuzi bw’imari kuri miliyoni 618 Ksh (miliyoni 4.14 $) Kaminuza ya Kenyatta yakoresheje kugira ngo igure campus zayo i Kigali, mu gihe Fred Matiang’i wahoze ari umunyamabanga wa cabinet ushinzwe uburezi, yitandukanije n’amabwiriza yo kuyihagarika.
Komite y’igihugu ishinzwe ishoramari rya leta mu burezi, iyobowe n’umudepite uhagarariye Bumula, Jack Wamboka, yategetse umugenzuzi mukuru w’imari gukora iperereza nyuma yuko bigaragaye ko Kaminuza ya Kenyatta (KU) ishobora kuba yaraguze iyo mitungo yombi ku giciro kiri hejuru cyane y’icyari gikwiye.
Kaminuza ya Kenyatta yakoresheje miliyoni 420.7 Ksh (miliyoni 2.8 $) kugirango ifungure campus ya Kigali n’andi miliyoni 98Ksh ($ 657.056) mbere yuko ifungwa muri 2018 itakiriye umunyeshuri n’umwe. Yakoresheje kandi miliyoni 53Ksh ($ 355.347) yo gufungura campus ya Arusha mbere yuko na yo ifungwa.
Nk’uko tubikesha ikinyamakuru The East African, iyi komite yahase ibibazo umunyamabanga w’inama y’uburezi, Ezekiyeli Machogu, umuyobozi wungirije wa KU, Paul Wainaina, uwahoze ari umuyobozi wungirije wa KU, Olive Mugenda na Dr Matiang’i ku bijyanye n’ukuntu campus ya Kigali yaguzwe n’uko campus ya Arusha yafunguwe.
Dr Matiang’i yagize ati: “Icyemezo cyo gufunga campus cyafashwe na guverinoma nyuma yuko ibihugu zirimo byatumye bidashoboka ko kaminuza ikorera mu Rwanda na Tanzaniya.”
Yabwiye abadepite ko guverinoma yagerageje kugira ngo itabare kandi ivugane n’abayobozi mu Rwanda binyuze muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga bikaba iby’ubusa.
Ati: “Ndetse bahinduye amategeko kugira ngo bikomerere ibigo byacu gukorera muri Kigali na Arusha. Ndatekereza ko bari bafite ibibazo ku bigo byacu bishyinga amaduka hariya”.
Yongeyeho ati: “Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe Amashuri Makuru na Komisiyo ya Kaminuza ya Tanzaniya yategetse ko hafungwa ibigo kubera kutubahiriza ubuziranenge”.
Ati: “Urubanza rwa campus zombi i Kigali na Arusha rwari ruteye ubwoba ku buryo byari bigiye kugera ah’imishyikirano hagati ya za guverinoma. Umuntu wese yashyizwe mu mwanya utoroshye, ”
Prof Wainaina yatangaje ko kaminuza itashoboye kubona umuguzi w’inyubako ebyiri za KU i Kigali, ndetse n’uzikodesha. Wamboka yashinje ubuyobozi bwa KU gufata icyemezo cyahombeje leta binyuze mu mishinga itarizwe neza.
Prof Mugenda yavuze ko igenagaciro ryakozwe na Guverinoma y’u Rwanda ndetse n’umugenagaciro wigenga.
Wamboka nawe yashinje ubuyobozi bwa KU kugura mu buryo butaziguye imitungo y’i Kigali mu cyemezo cyatumye haba isesagura ry’amafaranga ya Leta binyuze mu mishinga yatanzwe.
Prof Mugenda ati: “Abayobozi b’u Rwanda basuye campus basanga ikwiye icyo yagenewe.
Nohereje itsinda ryo kuganira ku giciro cyo kugura kiva kuri miliyoni 3.6$ kigera kuri miliyoni 3$ ”
Dr Matiang’i yavuze ko uwamubanjirije, Prof Jacob Kaimenyi, ari we wari uyoboye igihe iki gikorwa cyatangiraga.
Ati: “Icyo gihe nimuriwe muri Minisiteri y’Uburezi, imirimo yo gushinga za campus yari ikomeje ku buryo bidakwiye kuvuga ko nabitangiye uburenganzira.”
Dr Matiang’i, akaba yari yicaye muri komite ishinzwe gutanga amasoko yemereye KU kugura inyubako ebyiri za campus ya Kigali, yavuze ko zishobora kuba zarahenze cyane.


