Muri Tanzania hatangiye guteranyirizwa indege

Sangiza iyi nkuru

Mu cyumweru gishize, isosiyete y’indege ikorera mu mujyi wa Morogoro, Airplanes Africa Limited (AAL), yerekanye indege yateranyirijwe bwa mbere muri Tanzaniya.

Imurikwa rya Skyleader 600 (nkuko indege yiswe) ryabereye muri salle izwi nka Diamond Jubilee Hall ya Tanzaniya International Manufacturers Expo 2023 (TIMEXPO), mu murwa mukuru w’iki gihugu, Dar es Salaam. Indege yagenewe gutwara abantu babiri harimo na pilote.

Umuyobozi wa AAL, David Grolic, yatangaje ko yafashe icyemezo cyo kwifashisha imiterere y’ubucuruzi ya Tanzaniya, ndetse n’ubushake bwo gukoresha ikoranabuhanga rishya, bashinga uruganda ruteranya indege mu gihugu nk’uko tubikesha The Citizen.

Umuyobozi wa AAL yagize ati: “Twakoze ubushakashatsi bunoze kugira ngo dusobanukirwe n’ibisabwa n’abagenzi bakora ubucuruzi bakora ingendo ndende.”

Yongeyeho ati: “Mu gusubiza ubushakashatsi, twafashe umwanzuro wo kwerekana indege izafasha abacuruzi gukora ingendo zirushijeho kuba nziza no kwitabira inama zitandukanye hanze y’akarere mbere yo gusubira mu mujyi mu bindi bikorwa”.

AAL ihagaze nka sosiyete rukumbi nka yo muri iki gihugu cya Afrika y’uburasirazuba.
Indege izakurikirana yiswe Skyleader 500 kuri ubu irimo gukorwaho kandi biteganijwe ko izarangira umwaka utaha.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *