Israel: Umukuru wa polisi yabwiye abamagana intambara ko azabohereza muri Gaza

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’Igipolisi cya Israel, Kobi Shabtai, yatangaje ko hatazaba “kwihanganira na gato” imyigaragambyo yo gushyigikira Gaza muri Israel, akangisha kohereza abigaragambya barwanya intambara mu gace ka Palesitine Israel imaze ibyumweru hafi bibiri iteramo ibisasu buri munsi.

Ibyatangajwe na Shabtai byaje muri videwo yashyizwe ku muyoboro wa TikTok wa Polisi ya Israel ku wa Kabiri. Ibitangazamakuru byo muri Israel byayishyize ahagaragara kuri uyu wa Gatatu ushize nyuma y’uko abapolisi batatanyije abari mu myigaragambyo mu Mujyi wa Haifa mu rwego rwo gushyigikira Gaza, bagata muri yombi abantu batandatu.

Shabtai ati: “Ushaka kuba umwenegihugu wa Israel, urakaza neza.” Ati: “Umuntu wese ushaka kwifatanya na Gaza ahawe ikaze. Nzamushyira muri bisi zerekeza hariya ubu. ”

Muri videwo ngufi, Shabtai yavuze kandi ko nta “kwihanganira na gato ku buryo ubwo ari bwo bwose imyigaragambyo… nta ruhushya rwo kwigaragambya”.

Yavuze ko Israel “iri mu ntambara… ntabwo turi mu bihe tuzemera ko abantu b’ingeri zose baza kutugerageza”.

Ku wa Gatatu, Umuvugizi w’Igipolisi cya Israel, Eli Levy, yatangarije Radiyo y’ingabo ko kuva intambara yatangira ku itariki ya 7 Ukwakira, abantu 63 muri Israel batawe muri yombi bakekwaho gushyigikira cyangwa guteza “iterabwoba”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *