M23 yabyukiye mu mirwano na FARDC muri Kinyandonyi

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’inyeshyamba bafatanyije mu gitondo cyo ku Cyumweru, itariki 22 Ukwakira zagabye igitero ku nyeshyamba za M23 muri Kinyandonyi nyuma y’aho izi zigaruriye Umujyi wa Kitshanga kuri uyu wa Gatandatu ushize.

Nk’uko umuvugizi wa M23, Laurence Kanyuka yabitangaje abinyujije kuri twitter, ngo Ingabo za Guverinoma, FARDC, FDLR, abacanshuro n’inyeshyamba za Wazalendo zateye Kinyandonyi guhera saa mbiri z’igitondo.

Yakomeje agira ati ” M23 iri kwirwanaho kinyamwuga kandi irarinda abaturage b’abasivili bibasiwe. Urugamba rurakomeje…”

Iyi mirwano iravugwa mu gihe kuri uyu wa Gatandatu ushize umutwe wa M23 wigaruriye umujyi wa Kitshanga muri teritwari ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru, ho mu burasirazuba bwa Congo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *