Umupfakazi w’umunyamakuru wo muri Pakistan warashwe akicwa n’Igipolisi cya Kenya nyuma yo guhungira muri iki gihugu, kuri uyu wa Mbere yagejeje ikirego mu rukiko arega Igipolisi cya Kenya.
Arshad Sharif, wari umuntu unenga cyane ubutegetsi bwa gisirikare muri Pakistan kandi wari ushyigikiye uwahoze ari Minisitiri w’Intebe, Imran Khan, yarashwe mu mutwe ubwo Igipolisi cya Kenya cyarasaga ku modoka ye mu Kwakira umwaka ushize.
Ikirego cyatanzwe na Javeria Siddique n’amatsinda abiri y’abanyamakuru muri Kenya barega igipolisi n’abandi bayobozi mu rwego rw’ubucamanza kubera iyicwa rya Sharif ndetse no kunanirwa gukora iperereza ku rupfu rwe.
“Hashize umwaka ndwanira ubutabera,” Uyu ni Siddique umwe mu bagore babiri ba Sharif avugana na AFP mu cyumweru gishize.
“Igipolisi cya Kenya cyemeye ko bishe umugabo wanjye ariko ntikigeze gisaba imbabazi.”
Umunyamategeko we yemeje ko ikirego cyatanzwe mu Rukiko Rukuru rwa Kenya kuri uyu wa Mbere, itariki 23 Ukwakira, umwaka umwe nyuma yo kurasirwa kuri bariyeri k’umugabo we mu nkengero za Nairobi.
“Nibyo. Ikirego cyatanzwe,” uyu ni Me Ochiel Dudley avugana na AFP.
Mu mwaka ushize, abayobozi ba Kenya bavuze ko Sharif yishwe kubera kwibeshya ku myirondoro ye kandi ko abapolisi bari bizeye ko barasa ku modoka yibwe yakoreshejwe mu gushimuta abantu.


