Capt Moussa Dadis Camara wahoze ari Perezida wa Guinée yacitse gereza

Sangiza iyi nkuru

Amakuru aturuka muri Guiné-Conakry aravuga ko Capitaine Moussa Dadis Camara wahoze ari Perezida w’iki gihugu yatorotse gereza yari afungiyemo.

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu ni bwo i Conakry haramutse humvikana urusaku rwinshi rw’amasasu.

Bikiba habanje kwikangwa ko muri iki gihugu harimo haba Coup d’état, ndetse ibikorwa hafi ya byose muri uyu mujyi byahise bihagarikwa.

Imodoka za gisirikare ni zo zarimo zigenzura umujyi wa Conakry.

Amakuru cyakora yemejwe na Minisitiri w’Ubutabera muri Guiné-Conakry, Charles Alphonse Wright avuga ko urusaku rwumvikanye ari urw’abarwanyi bari bitwaje intwaro ziremereye barimo bacikisha Capt Dadis Camara na bagenzi be batatu, nyuma yo kugaba igitero kuri gereza bari bfungiyemo.

Aba bashinjwa ubwicanyi bwakorewe abatari babashyigikiye bwakurikiye ihirikwa ry’ubutegetsi bakoze mu 2009.

Miussa Dadis Camara ashinjwa kuba inyuma y’ubwicanyi bwakozwe n’igisirikare bugahitana abantu basaga 150, abagore basaga ijana bagafatirwa ku ngufu muri Stade i Conakry.

Amakuru aturuka muri Guinée avuga ko nyuma yo gucika kw’izi mbohe, imipaka yose y’iki gihugu yahise ifungwa ndetse hanatangira Operasiyo yo kuzihiga bukware.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *