Nyuma y’uko ibihugu bitandukanye bikomeje kwinubira intambara iri mu Burasirzuba bwo hagati ,Afurika y’Epfo ivuga ko yahamagaje abayihagarariye (abadiplomate) bose i Tel Aviv, nyuma y’ibitero bikaze by’indege bya Israel kuri Gaza mu ijoro ryo ku cyumweru.
Ni bimwe mu bisasu bya mbere byinshi Israel yamishe kuri Gaza kuva intambara yatangira mu kwezi gushize.Ibitaro bya Al-Shifa byo mu mujyi wa Gaza bivuga ko abantu hafi 200 biciwe muri icyo gitero.
Leta y’Afurika y’Epfo, imaze igihe kirekire ishyigikiye cyane Abanya-Palestine, ku wa mbere yamaganye Israel mu buryo bukomeye.Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Afurika y’Epfo Naledi Pandor yavugiye mu kiganiro n’abanyamakuru ko Afurika y’Epfo irimo gukura abadiplomate bayo muri Israel, agira ati:
“Duhangayikishijwe bikomeye n’ubwicanyi bukomeje bukorerwa abana n’abasivile b’inzirakarengane ku butaka bwa Palestine kandi twemeza ko uburyo Israel irimo gusubiza bwahindutse ubw’igihano cya rusange.
“Twumvise ari ingenzi ko tugaragaza uguhangayika kw’Afurika y’Epfo mu gihe dukomeje gusaba uguhagarara [kw’imirwano] mu buryo bwuzuye.”
Israel yakomeje gushimangira ko irimo kugerageza kugabanya umubare w’abasivile bapfa n’abakomereka, ndetse ishinja Hamas, igenzura Gaza, gukoresha abatari abarwanyi nk’abantu bo kwikingaho.
Ku itariki ya 7 Ukwakira (10) uyu mwaka, abarwanyi ba Hamas – Ubwongereza, Amerika n’ibindi bihugu byo mu burengerazuba biyifata nk’umuryango w’iterabwoba – bishe abantu barenga 1,400 muri Israel. Banashimuse abantu barenga 230, barimo n’Umunyafurika y’Epfo umwe, kugeza ubu umwirondoro we nturamenyekana.
Israel yasubije isezeranya gusenya Hamas ndetse igaba ibitero byinshi by’indege kuri Gaza. Minisiteri y’ubuzima igenzurwa na Hamas muri Gaza ivuga ko abantu barenga 10,000 bamaze kwicwa muri Gaza kuva Israel yayigota.
Lior Haiat, umuvugizi wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Israel, yasubije mu butumwa yatangaje ku rubuga X (rwahoze rwitwa Twitter), avuga ko icyemezo cy’Afurika y’Epfo cyo guhamagaza abadiplomate bayo ari “intsinzi ku muryango w’iterabwoba wa Hamas kandi ko kiwuhembye ku bwicanyi” bwo ku itariki ya 7 Ukwakira.
Gusa ni mu gihe Israel yemeye gutanga agahenge mu mirwano iyihuje na Hamas.


